MU MAHANGA

Perezida Kagame yambikiwe Umudali w’Icyubahiro mu gihugu cya Bahamas-AMAFOTO

Perezida Paul Kagame yambitswe Umudali w’Icyubahiro muri Bahamas uzwi nka “Order of Excellence”, mu kumushimira umubano mwiza n’ubushuti afitanye na Guverinoma y’iki gihugu.

Umudali Perezida Kagame yambitswe uri mu cyiciro cya mbere cy’imidali irindwi ikomeye muri Bahamas. Ni uwa gatatu nyuma y’uhabwa intwari z’igihugu n’undi witwa uw’igihugu.

Yawuhawe ku gicamunsi cyo ku wa Mbere [i Bahamas] ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 iki gihugu kibonye ubwigenge. Byari byitabiriwe n’abandi bayobozi bo mu bihugu bya Caraïbes.

Yawushyikirijwe na Guverineri Mukuru w’iki gihugu, Sir Cornelius Smith na Minisitiri w’Intebe, Philip Davis.

Perezida Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Bahamas wamuhaye ubutumire bwo kwitabira ibirori by’isabukuru y’imyaka 50 igihugu cye kibonye ubwigenge. Yavuze ko Bahamas ari ikimenyetso cy’umudendezo no gutera imbere mu karere iherereyemo n’icyitegererezo ku bihugu by’ibirwa bito ku Isi hose.

Yavuze ko uru ruzinduko rwe rushimangira umubano usanzwe hagati ya Bahamas n’u Rwanda na Caraïbes hamwe na Afurika. Ati “Amateka dusangiye ntabwo ashobora kugibwaho impaka”.

Yashimye kandi umudali yambitswe ati “Ndashaka gushimira ku bw’icyubahiro mwampaye, njyakiriye nciye bugufi nk’ikimenyetso cy’umubano uri gutera imbere hagati y’ibihugu byacu. Ndabashimira cyane”.

Bahamas ni igihugu kigizwe n’umwigimbakirwa n’ibirwa bito bigera muri 700 biherereye mu nyanja ya Atlantique, byose hamwe bifite ubuso bwa 260 000 km2, kikagira Nassau nk’Umurwa Mukuru.

Ni igihugu cyakolonijwe n’u Bwongereza, gihabwa ubwigenge ku wa 10 Nyakanga 1973. Ubu ni kimwe mu bigize Commonwealth, umuryango n’u Rwanda rubarizwamo kuva mu 2009.

Ku banyarwanda bifuza kujya muri Bahamas, ntabwo basabwa kubanza gusaba Viza.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago