IMIKINO

Arda Güler uherutse kugurwa na Real Madrid yaciye agahigo kari gafitwe na Messi

Arda Güler umukinnyi mushya Real Madrid iherutse kwibikaho imukuye muri Fenerbhace yaciye agahigo kari gasanzwe gafitwe n’umunyabigwi Lionel Messi.

Advertisements

Uyu mukinnyi ukiri muto ukomoka muri Turkey yabaye umukinnyi wa kabiri ugize (like) nyinshi ku rukuta rwa Twitter ubwo yatangazwaga nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne.

Ni agahigo ubusanzwe kayobowe na Cristiano Ronaldo ubwo yatangazwaga ko agarutse mu ikipe ya Manchester united.

Itangazwa rya Arda Güler ryatumye ahigika Lionel Messi wabigezeho we ubwo yavaga muri Barcelona yerekeza muri Paris Saint Germain yo mu Bufaransa.

Kuri ubu abarenga ibihumbi 915 bamaze kwishimira (like) transfer ye imwerekeza muri Real Madrid ava muri Fenerbhace, ni mugihe Lionel Messi wari wicaye kuri uwo mwanya we kuri ubu ukwishimirwa kwe kugeze ku bihumbi 810 by’abantu bayikunze kuri Twitter.

Arda Güler w’imyaka 18 y’amavuko mu mikino 31 yakiniye Fenerbhace yatsinzemo ibitego 10 atanga imipira 12 yavuyemo ibitego, afasha n’ikipe ye kwegukana igikombe cya shampiyona muri Turkey.

Uyu mukinnyi washakishwaga n’amakipe menshi arimo Barcelona, ni umwana benshi bakurikiranira hafi ibya ruhago bavuga ko azaba igihangange abikesheje ukuguru kwe.

Real Madrid yamutanze miliyoni 20 by’amaeuro akaba yarasinye amasezerano y’imyaka itandatu.

Arda Güler yaciye agahigo kari gafitwe na Messi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago