Ikipe y’Igihugu ya Basketball ya Angola yari murugo yaraye isezerewe muri 1/4 n’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mikino ya ‘FIBA AfroCan 2023’.
N’irushanwa ryitabirwa n’amakipe y’ibihugu n’abakinnyi bakina imbere ku mugabane w’Afurika.
Ni intsinzi yagizwemo uruhare rikomeye n’umukinnyi Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson watsinze wenyine amanota 22, mu manota 73 kuri 63 u Rwanda rwatsinze Angola.
Benshi mu bafana ibihumbi bari bateraniye muri Sitade ya Arena de Kilamba iherereye i Luanda bemejwe n’imikinire y’uyu mukinnyi wagize uruhare mu isezerwa ry’ikipe y’Igihugu ya Angola yari yiteze intsinzi murugo.
Ubwo umukino warangiraga abafana bahisemo kumanuka hafi ku kibuga kugira ngo bafate agafoto kazababera urwibutso kuri uyu mukinnyi w’umunyarwanda Jean Jacques Wilson wogeje amaso yabo.
U Rwanda rwasezereye Angola rukagera muri ½ rurakina na Côte d’Ivoire kuri uyu wa gatanu ku isaha ya Saa Moya z’ijoro z’i Kigali.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…