Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga, Urukiko Rukuru rwongera kuburanisha urubanza Ubushinjacyaha buregamo Prince Kid wahoze ategura irushanwa rya Miss Rwanda.
Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid aregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.
Ni urubanza rwagombaga gusomwa ku wa 30 Kamena, ariko hanzurwa ko iburanisha ryongera gutangira kubera amajwi mashya Ubushinjacyaha bwatanze, atarigeze aburanwaho mbere.
Prince Kid yitabye Urukiko aherekejwe n’abarimo umugore we baherutse gusezerana imbere y’amategeko Miss Elsa Iradukunda.
Icyakora cyo Urukiko Rukuru rwongeye gusaba ko urubanza rusubikwa kuburanishwa, kubera inyandiko isobanura amajwi yatanzwe n’Ubushinjacyaha nk’ikimenyetso gishya yagombaga kwireguraho, hamwe na raporo y’abahanga igaragaza ko ari amajwi y’umwimerere, byashyizwe mu ikoranabuhanga bitinze.
Urubanza rwe rwimuriwe tariki 15 Nzeri uyu mwaka ahagana Saa Tatu z’amanywa.
Photo: IGIHE
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…