Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga, Urukiko Rukuru rwongera kuburanisha urubanza Ubushinjacyaha buregamo Prince Kid wahoze ategura irushanwa rya Miss Rwanda.
Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid aregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.
Ni urubanza rwagombaga gusomwa ku wa 30 Kamena, ariko hanzurwa ko iburanisha ryongera gutangira kubera amajwi mashya Ubushinjacyaha bwatanze, atarigeze aburanwaho mbere.
Prince Kid yitabye Urukiko aherekejwe n’abarimo umugore we baherutse gusezerana imbere y’amategeko Miss Elsa Iradukunda.
Icyakora cyo Urukiko Rukuru rwongeye gusaba ko urubanza rusubikwa kuburanishwa, kubera inyandiko isobanura amajwi yatanzwe n’Ubushinjacyaha nk’ikimenyetso gishya yagombaga kwireguraho, hamwe na raporo y’abahanga igaragaza ko ari amajwi y’umwimerere, byashyizwe mu ikoranabuhanga bitinze.
Urubanza rwe rwimuriwe tariki 15 Nzeri uyu mwaka ahagana Saa Tatu z’amanywa.
Photo: IGIHE
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…