Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga, Urukiko Rukuru rwongera kuburanisha urubanza Ubushinjacyaha buregamo Prince Kid wahoze ategura irushanwa rya Miss Rwanda.
Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid aregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.
Ni urubanza rwagombaga gusomwa ku wa 30 Kamena, ariko hanzurwa ko iburanisha ryongera gutangira kubera amajwi mashya Ubushinjacyaha bwatanze, atarigeze aburanwaho mbere.
Prince Kid yitabye Urukiko aherekejwe n’abarimo umugore we baherutse gusezerana imbere y’amategeko Miss Elsa Iradukunda.
Icyakora cyo Urukiko Rukuru rwongeye gusaba ko urubanza rusubikwa kuburanishwa, kubera inyandiko isobanura amajwi yatanzwe n’Ubushinjacyaha nk’ikimenyetso gishya yagombaga kwireguraho, hamwe na raporo y’abahanga igaragaza ko ari amajwi y’umwimerere, byashyizwe mu ikoranabuhanga bitinze.
Urubanza rwe rwimuriwe tariki 15 Nzeri uyu mwaka ahagana Saa Tatu z’amanywa.
Photo: IGIHE
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…
Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…