Perezida w’igihugu cya Senegal Macky Sall yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umukuru w’igihugu cya Senegal yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, aho yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr Vincent Biruta.
Byitezwe ko muri uru ruzinduko Makcy Sall azanitabira ibikorwa bitandukanye birimo n’inama mpuzamahanga y’umuryango uharanira iterambere ry’Abagore, kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanga 2023, mu nama izabera muri Bk Arena.
Muri iy’inama kandi yitezwe ko izitabirwa n’abandi bakuru b’ibihugu naza Guverinoma n’abahagarariye ibihugu byabo.
Inama Mpuzamahanga y’umuryango uharanira iterambere ry’Abagore igiye kubera i Kigali ni ubwa mbere by’umwihariko ibereye ku mugabane w’Afurika.
Perezida w’igihugu cya Senegal Macky Sall agiriye uruzinduko mu Rwanda nyuma ya mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame yahagiriye mu minsi yashize mu ruzinduko rwari rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi usanzwe ufitanye.
Macky Sall kandi aherutse gutangaza ko atazongera kwiyamamariza kuyobora igihugu cya Senegal mu matora ateganyijwe kuba muri Gashyantare umwaka wa 2024.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…