Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko mugihe cya vuba u Rwanda rugiye gufungura Ambasade i Budapest mu gihugu cya Hongiriya.
Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho ubwo yakiraga Perezida w’igihugu cya Hongiriya Madamu Katalin Novák uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Perezida Kagame avuga ko biri mu buryo bwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi by’umwihariko mubya politike.
Perezida wa Hongiriya Katalin Novák ari mu Rwanda kuva tariki 14 Nyakanga, aho yitabiriye inama mpuzamahanga y’umuryango uharanira iterambere ry’Abagore (WD2023) iri kubera i Kigali.
Nyuma yo kumwakira muri Village Urugwiro abakuru b’ibihugu bagiranye ibiganiro byahuje itsinda ry’abayobozi mu bihugu byombi. Ni ibiganiro byibanze ku gukomeza umubano hagati y’ibi bihugu.
Katalin Novàk ni we Muperezida wa mbere w’Umugore watorewe kuyobora Hongiriya, akaba ari na we Mukuru w’icyo gihugu wa mbere usuye u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…