Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Nyakanga, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yakiriye mu biro bye mugenzi we wa Uganda Hon Robin Nabbajah uri mu Rwanda.
Nk’uko byagaragajwe ku rukuta rw’ibiro bya Minisitiri w’Intebe byavuze ko Dr Ngirente yakiriye Madamu Robinah Nabbanja, Minisitiri w’Intebe wa Uganda uri mu Rwanda mu rwego rwo kwitabira Inama mpuzamahanga igamije kwiga ku iterambere ry’umugore n’umukobwa.
Ni inama mpuzamahanga itangizwa ku mugaragaro kuri uyu munsi, aho yitabiriwe n’abayobozi batandukanye komeye barimo n’abakuru b’ibihugu.
Mu biganiro byahuje aba Minisitiri bombi byagarutse ku guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, harimo ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga ihuriweho n’ibihugu byombi nk’umushinga wa gari ya moshi n’amashanyarazi.
Iyi nama mpuzamahanga igamije kwiga ku iterambere ry’umugore n’umukobwa igiye kuba bwa mbere ku mugabane w’Afurika by’umwihariko u Rwanda, iteranyije abantu barenga ibihumbi 6000 muri Bk Arena.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…