Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanga 2023, nibwo hatangijwe ku mugaragaro mu gihugu hose itangizwa ry’ibizamini bya Leta bisoza umwaka 2022/2023 mu mashuri abanza.
Abanyeshuri barenga ibihumbi 200 biga mu mashuri abanza batangiye ibizamini bya leta bisoza umwaka 2022-2023.
Abiyandikishije muri rusange gukora ibizamini mu mashuri abanza ni 202,967 barimo abahungu 91,067 naho abakobwa ni 111,900.
Ni igikorwa cyatangijwe ku mugaragaro ku rwego rw’Igihugu n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, imyuga n’ubumenyingiro Irene Claudette warikumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa, igikorwa cyabereye ku kigo cya GS Camp Kigali giherereye i Nyarugenge.
Ni mugihe kurundi ruhande Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza nay’isumbuye muri Minisiteri y’Uburezi Hon. Twagirayezu Gaspard nawe yatangije icyo gikorwa ku rwego rw’Igihugu mu kigo cya St Dominique Kagugu kiri mu Karere ka Gasabo.
Mu butumwa umuyobozi muri Minisiteri y’Uburezi Claudette yahaye abo banyeshuri yabasabye kudakorana igihunga kuko ikizamini cyateguwe neza, abifuriza kuzatsinda neza.
Kuri uyu munsi wa mbere mu gihugu hose abanyeshuri batangiriye ku kizamini cy’imibare mugihe bazakomereza ku bindi bizamini.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…