INKURU ZIDASANZWE

Ngororero: Umugabo yicishije umuvandimwe we ibuye

Urupfu rw’uyu mugabo w’imyaka 60 y’amavuko rwabaye mu ijoro ryakeye ahagana saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu taliki ya 21 Nyakanga, 2023.

Nyakwigendera yitwaga Ryumugabe Frannçois, ubuyobozi bukavuga ko bari bafitanye amakimbirane yo mu muryango.

Ryumugabe Frannçois yari atuye mu Mudugudu wa Nganzo, Akagari ka Rugogwe, Umurenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe yatangaje ko uyu Ndayishimiye yagiranye amakimbirane n’umuvandimwe we bararwana, afata ibuye arimukubita muri nyiramivumbi ajyanwa kwa muganga agezeyo arapfa.

Ati “Ndibutsa abaturage ko kwihanira ari icyaha gihanwa n’amategeko, nta we ukwiriye kwihanira kuko hari Inzego zishinzwe gukemura ibibazo by’abaturage.”

Mayor Nkusi avuga ko Ndayishimiye Antoine yamaze kwica umuvandimwe we ahita acika, ubu inzego z’ubuyobozi zikaba zatangiye kumushakisha.

Nteziryayo Emmanuel, umuhungu wa Nyakwigendera avuga ko Se wabo Ndayishimiye Antoine yagiranye amakimbirane n’umubyeyi we ashingiye ku masambu basigiwe n’umubyeyi wabo (Papa) witabye Imana.

Uyu Ndayishimiye akavuga ko mukuru we agomba kumwongera isambu kuko iyo yahawe ku ruhande rwe ari ntoya, intonganya zihita zitangira ubwo.

Ati “Nyuma nibwo yabonye ko iby’isambu bidakunze yongera gushinja Ryumugabe ko ari we waroze nyina wa Ndayishimiye uherutse kwitaba Imana mu minsi ishize.”

Umurambo wa nyakwigendera uri mu buruhukiro by’ibitaro bya Muhororo mu gihe utegerejwe gusuzumwa.

Ryumugabe François apfuye asize umugore n’abana 5.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

4 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

4 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

5 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

5 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

5 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

5 days ago