POLITIKE

Perezida Kagame yambitse umudari w’icyubahiro mugenzi we wa Congo Brazzaville-AMAFOTO

Perezida w’u Rwanda yambitse mugenzi we wa Congo umudari, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023 ubwo we na Madamu bamwakiraga mu musangiro.

Advertisements

Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko Kagame yambitse Denis Sassou N’guesso uriya mudari, “ku bw’imiyoborere ye idasanzwe ndetse n’ubwitange mu kubaka Afurika ihamye kandi iteye imbere.”

Perezida Denis Sassou N’guesso ari mu Rwanda kuva ku wa Gatanu tariki ya 21 Nyakanga 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri aho yatumiwemo na mugenzi we w’u Rwanda.

Ni uruzinduko rwaje rukurikira urwo Perezida Paul Kagame yagiriye i Brazzaville na Oyo muri Mata 2022.

Perezida wa Congo ubwo yageraga i Kigali yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda byabereye mu muhezo muri Village Urugwiro, mbere yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

Nyuma y’aho yagiye mu nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ageza ijambo ku bayigize.

Perezida Sassou N’guesso mu ijambo rye, yashimye umubano uri hagati y’u Rwanda na Congo, ashimangira ko bikwiriye kuba umuco muri Afurika yose, ibihugu bigashyira hamwe.

Yagarutse by’umwihariko ku mugabane wa Afurika, ashimangira ko uyu mugabane ukwiriye kwishyira hamwe no gushyigikirana kugira ngo ugere ku iterambere rirambye.

Yavuze kandi ko Afurika ikwiye gufatanya kubyaza umusaruro ubukungu bwose ifite kugira ngo budakomeza gutunga abanyamahanga, nyamara abayituye bicwa n’inzara.

Ati: “Ejo heza ha Afurika hazashingira ku gutunganyiriza muri Afurika ubukungu karemano buyiturukamo. Amateka ni umuhamya wabyo.”

“Kubyaza umusaruro amazi dufite bizafasha umugabane wacu kuba uwa mbere ugaburira amahanga umuriro w’amashanyarazi ariko ibyo byose birasaba ko tubanza gushakira amahoro n’umutekano Afurika, tugahagarika ubugizi bwa nabi. Nta gaciro n’icyubahiro bishoboka nta mahoro.”

Perezida wa Congo yavuze ko bimwe mu by’ibanze ngo icyo cyerekezo Afurika ishaka kigerweho byamaze gushyirwaho, nk’amasezerano ashyiraho isoko rusange, umushinga wo gushyiraho pasiporo imwe nyafurika n’ibindi.

Perezida Nguesso yavuze ko uyu munsi Afurika ifatwa nk’umugabane w’ikibi, ko nta makuru meza ayivugwaho nyamara ibihamya birimo n’icyorezo cya Covid-19, byaragaragaje ko ntaho ikibi kitaturuka.

Yavuze ko igitinyiro cya Afurika kizaturuka mu kwishakamo ibisubizo, ikihaza muri byinshi ihereye ku bukungu karemano ifite ku buryo aho umunyafurika anyuze agenda afite ishema.

Perezida Denis Sassou N’guesso yaherukaga mu Rwanda muri 2019. Mbere y’aho (muri 2010) Perezida Kagame na we yari yarasuye Congo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago