Andrew Rucyahana Mpuhwe wari Visi Meya w’Akarere ka Musanze ushinzwe ubukungu yeguye ku mirimo ye, nyuma y’uko yemera ko yakoze ikosa ryo kwitabira umuhango wo kwimika Umutware w’Abakono.
Ibi yabimenyesheje mu ibaruwa uyu mugabo yandikiye Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze yavuze ko “kuba yaragaragaye muri uyu muhango wo kwimika Umutware w’Abakono abyicuza kandi akaba abifata nk’ikosa rikomeye kuko bisubiza inyuma intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge Abanyarwanda bamaze gutera”.
Ibi kandi Andrew yabihamirije ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru ko intandaro y’uku kwegura ni ibirori byiswe ukwimikwa k’umutware w’abakono byabereye muri ako karere ka Musanze.
Ati “Ntabwo nabereye urugero rwiza abandi Banyarwanda.”
Inama y’Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Musanze nayo yemeje ubwegure bwa Rucyahana Mpuhwe Andrew ku mwanya w’Umujyanama mu Inama Njyanama y’aka Karere.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…