RWANDA

Uwari Visi Meya w’i Musanze yeguye ku mirimo ye nyuma kwitabira iyimikwa ry’Umutware w’Abakono

Andrew Rucyahana Mpuhwe wari Visi Meya w’Akarere ka Musanze ushinzwe ubukungu yeguye ku mirimo ye, nyuma y’uko yemera ko yakoze ikosa ryo kwitabira umuhango wo kwimika Umutware w’Abakono.

Advertisements

Ibi yabimenyesheje mu ibaruwa uyu mugabo yandikiye Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze yavuze ko “kuba yaragaragaye muri uyu muhango wo kwimika Umutware w’Abakono abyicuza kandi akaba abifata nk’ikosa rikomeye kuko bisubiza inyuma intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge Abanyarwanda bamaze gutera”.

Ibi kandi Andrew yabihamirije ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru ko intandaro y’uku kwegura ni ibirori byiswe ukwimikwa k’umutware w’abakono byabereye muri ako karere ka Musanze.

Ati “Ntabwo nabereye urugero rwiza abandi Banyarwanda.”

Inama y’Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Musanze nayo yemeje ubwegure bwa Rucyahana Mpuhwe Andrew ku mwanya w’Umujyanama mu Inama Njyanama y’aka Karere.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago