POLITIKE

Louise Mushikiwabo ategerejwe mu gihugu cya RDC

Louise Mushikiwabo uhagarariye umuryango w’ibihugu bivugwa igifaransa (Francophonie) ategerejwe mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Advertisements

Mushikiwabo ari kumwe n’abarimo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi, bazatangiza imikino ya La Francophonie iteganyijwe kubera i Kinshasa hagati y’itariki ya 28 Nyakanga n’iya 06 Kanama 2023.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, ategerejwe muri kiriya gihugu.

Amakuru ya Mushikiwabo y’uko azitabira iyi mikino yanemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, mu kiganiro baraye bagiranye n’itangazamakuru.

Muyaya yagize ati: “Imikino yateguwe na OIF mu by’ukuri ifatanyije na Guverinoma ya Congo izayakira, bityo inzego zose za OIF zakorewe ubukangurambaga. Ntawabura kuvuga ko umunyamabanga mukuru wa OIF ashobora kuba umwe mu bategura gahunda i Kinshasa mu birori biteganijwe vuba aha.”

Amakuru y’uko Mushikiwabo wabo yitezwe i Kinshasa yanemejwe kandi na Isidore Kwanja ukuriye Komisiyo ishinzwe iriya mikino ya La Francophonie muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu yavuze ko “Imikino ya La Francophonie itegurwa na La Francophonie ku bufatanye n’igihugu cyayakiriye. Nta wabura kuvuga ko umunyamabanga mukuru w’umuryango agomba kuba ahari kugira ngo afungure imikino afatanyije na Perezida w’igihugu cyakiriye, bityo dutegereje ko ahagera, azakirwa i Kinshasa.”

RDC yemeje ko Mushikiwabo azitabira umuhango wo gutangiza iriya mikino, mu gihe hari andi makuru yavugaga ko yanze kumutumira.

U Rwanda ruri mu bihugu byagombaga kwitabira iriya mikino, gusa rushobora kutohereza abakinnyi barwo muri Congo bitewe n’umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago