RWANDA

Nyuma yo gukora amateka muri Uganda, itsinda ryamamaye rya Boyz II Men rigiye gutaramira i Kigali

Abagabo bagize itsinda rya Boyz II Men rikomoka mu gihugu cya Amerika ryakunzwe bikomeye ku Isi rigiye gutaramira mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Advertisements

Byari bimaze iminsi bivugwa ko iri tsinda rigiye gutaramira i Kigali, kuri uyu wa gatanu nibwo byemejwe ko aba bagabo bubatse izina nk’itsinda rya Boyz II Men bazahatamira, mu gitaramo giteganyijwe kuba tariki 28 Ukwakira 2023 muri Bk Arena.

Icyakora cyo abatangaje kuza kwaba bagabo bakoze amateka akomeye mu muziki ntibatangaje ibiciro n’ibindi byerekeye iki gitaramo.

Itsinda rya Boyz II Men rigiye gutaramira i Kigali nyuma y’amateka baherutse gukora mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

Boyz II Men bakubutse i Kampala mu gitaramo gikomeye

Boyz II Men rigizwe n’abagabo batatu kuri ubu mugihe ubusanzwe bagitangira bari batanu, babiri muribo baje kuva mu bya muzika bakaba bari Michael McCary na Marc Nelson.

Boyz II Men bahurije hamwe i Philadelphia, muri Pennsylvania 1985, muri batatu basigaye mu itsinda bagizwe na Nathan Morris na Shawn Stockman, Wanyá Morris.

Batangiye kuva mu myaka yaza 1986, bamamara mu ndirimbo ziganje iz’urukundo zikaba zaranyuze benshi zimwe muri izo twavugamo nka ‘End of the road’ bakoze mu 1991, ‘One bended knee’ bakoze 1994, ‘I’ll make you love to you’ basohoye mu 1994, ‘One sweet day’ bashyize hanze mu 1995.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago