Kuri uyu wa Mbere tariki 31 Nyakanga, abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bahagurutse mu Rwanda berekeza mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique aho bagiye gusimbura bagenzi babo bari mu butumwa bw’amahoro.
Iri tsinda ry’inzego z’umutekano ryahagurutse ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe riyobowe na Maj Gen Alexis Kagame aho rigize icyiciro kimwe mu bandi barenga 2000 basanzwe bari mu ntara ya Cabo Delgado.
Mbere yo guhaguruka, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent yabibukije ko bagomba guhora bibuka guharanira umuhate mu kazi, ikinyabupfura, ubwitange no kwicisha bugufi mu gihe bafasha abaturage bo muri Cabo Delgado.
Kuva muri Nyakanga 2021, u Rwanda rwohereza inzego z’umutekano muri iki gihugu kubera umubano ukomeye hagati y’ibihugu byombi aho u Rwanda rufasha Mozambique guhashya ibyihebe byari byaribasiye iyi ntara yo mu majyaruguru y’iki gihugu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…