MU MAHANGA

Umufaransa waruzwiho kuzamuka inyubako ndende yapfuye aguye ku igorofa rya 68

Umufaransa Remi Lucidi, waruziho gutinyuka kuzamuka inyubako ndende akanakoreraho siporo mu buryo butangaje, yatahuwe yapfuye nyuma yo kugwa ku igorofa rya 68 y’inzu y’amacumbi abangikanye gatatu yubatse ku kirwa cya Hong Kong.

Ikinyamakuru Morning Post cyatangaje ko Bwana Lucidi w’imyaka 30 yapfuye ku wa kane ushize nyuma yo kugwa igorofa rya 68 ry’inyubako ndende yubatse muri Hong Kong.

Bivugwa ko yageze kuri iyo nyubako ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, isaha yo muri icyo gihugu hanyuma afata ascenseur igana mu igorofa rya 49 y’inyubako nyuma yaho yaje no gufata ingazi kugira ngo azamuke hejuru y’iyo nzu.

Inyubako nyakwigendera yarariho yubatse mu gihugu cya Hong Kong

Nk’uko abapolisi baho babitangaza, Lucidi wari uzwi ku rubuga rw’ikoranabuhanga nka Remi Enigman, ngo yaherukaga kugaragara ari muzima ahagana ku isaha ya Saa Moya n’iminota 40 z’ijoro; ubwo yabonwaga inyuma hanze y’idirishya ry’iyo nzu (penthouse), n’umukozi waho agahita ahamagaza polisi.

Camera ya Lucidi ngo yabonetse ahabereye icyo gikorwa, irimo n’amashusho yandi ye. Aheruka gushyira kuri Instagram mu cyumweru gishize ari muri Hong Kong.

Uyu mugabo ni umwe mu basangiza amafoto n’amashusho yaho yabaga yasuye ku nyubako ndende bimwe, aho benshi mu babibonaga bataburaga kwerekana ko binateye ubwoba.

Kugeza ubu polisi ntiratanga impamvu y’urupfu rwe.

Ku bwa Gurjit Kaur, nyiri icumbi ryaho bivugwa ko Lucidi yarimo kubarizwa, yavuze ko nyakwigendera wari umushyitsi we ko yari “umusore w’incuti kandi wicisha bugufi”.

Kaur yagize ati: “Yari afite ubuzima bumeze neza kandi yishimye.”; Ndumva mbabaye cyane.”

Umukozi usanzwe ukorera muri ayo macumbi yavuze ko yavuganye na Lucidi inshuro nyinshi mbere y’urupfu rwe kandi ko nyakwigendera yari yamubwiye ko ari mu gihugu cya Hong Kong mu buryo bwo gushaka kuruhuka.

Ati: “Yambwiye ko agiye kuzamuka imwe mu misozi yahangaha muri Hong Kong ubwo namubazaga ikimugenza. Yavuze ko yifuzaga kugenda cyane mu buryo bwo gutembera no kuruhuka”.

Inyubako nyakwigenera yapfiriyeho

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago