Kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kanama 2023, muri Village Urugwiro habaye Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame.
Mu byemezo byafatiwe mu nama y’Abaminisitiri harimo gushyiraho aba Ambasaderi banyuranye.
▪︎CG Dan Munyuza yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri
▪︎Major General Charles Karamba, Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia, agahagararira u Rwanda muri Afurika Yunze Ubumwe (AU).
▪︎Michel Sebera, Ambasaderi muri Guinea
▪︎Shakila Kazimbaya, Ambasaderi muri Maroc.
Mu bindi birimo ko Ange Kagame yahawe akazi muri Perezidansi ko kuba Umuyobozi wungirije w’Akanama gashinzwe Ingamba na Politiki za Leta mu Biro bya Perezida.
Mu rwego rwo kunoza imitunganyirize n’imikorere y’ibikorwa by’imyidagaduro mu masaha y’ijoro no gukumira urusaku rubangamira umudendezo w’Abaturarwanda, Guverinoma yafashe icyemezo ko guhera ku itariki ya 1 Nzeri 2023, ibikorwa na serivisi byose bitari iby’ingenzi bizajya bifunga saa saba z’ijoro mu minsi y’imibyizi, na ho mu mpera z’icyumweru (ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu) bikazajya bifunga saa munani z’ijoro.
Ivuga ko ibikorwa byose, byaba iby’ubucuruzi cyangwa iby’imyidagaduro bizakenera gukomeza gufungura nyuma y’ayo masaha, bizajya bihabwa uruhushya hashingiwe ku Mabwiriza azatangazwa n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB).
Soma itangazo ryose hano:
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…