Ikipe ya APR FC yatangiye ikora impinduka uyu mwaka yamaze gutoranya Umugande Thaddeo Lwanga nka kapiteni mushya wayo, mu mwaka w’imikino ugiye gutangira.
Lwanga yasimbuye Manishimwe Djabel kuri uyu mwanya wamaze kwerekeza muri Libya gukinayo.
Amakuru avuga ko kuba Lwanga yarabanye n’umutoza mushya wa APR FC,Thierry Froger biri mu byatumye ahabwa izi nshingano zikomeye.
APR FC ikomeje imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2023-24.
Ku munsi w’ejo,tariki ya 02 Kanama 2023, saa cyenda, izakina na Marines FC, mu mukino wa gicuti uzabera kuri Kigali Pelé Stadium.
APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League aho izakina na Gaadika yo muri Somalia mu ijonjora rya mbere hanyuma niyikuramo ikine na Pyramids FC,yo mu Misiri.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…