Umurundi Haringingo Francis Christian yerekanwe nk’umutoza mukuru w’ikipe ya Sofapaka ikina icyiciro cya mbere mu gihugu cya Kenya.
Byari ku munsi w’ejo ubwo iy’ikipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo zatangaje ko Haringingo Francis yakiriwe nk’umutoza mushya muri iyo kipe.
Francis yasinyijishwe amasezerano y’imyaka ibiri, agirwa umutoza mukuru w’iyi kipe. Haringingo wari umaze iminsi mu biganiro n’iyi kipe yemeza ko atangiye urugendo rushya rw’ubutoza nyuma yo kumara imyaka isaga itandatu mu Rwanda.
Haringingo Francis wari umaze umwaka ari umutoza wa Rayon Sports, yagiranye ibiganiro n’ikipe ya AS Kigali ariko ntibyagenda neza kubera ko bananiranwe kumvikana kubyerekeye amafaranga.
Sofapaka yashinzwe mu 2004, ikaba yambara umweru n’ubururu, mu mwaka ushize w’imikino ikaba yarabaye iya 10 ku rutonde rwa shampiyona.
Haringingo Francis yagiriye ibihe byiza birimo n’amateka mu Rwanda, aho kuva 2017 kugera 2019, yari umutoza wa Mukura victory Sports, ayivamo yerekeza muri Police FC, yavuyemo mu 2021 ajya muri Kiyovu Sports, ayimaramo umwaka umwe ahita agana muri Rayon Sports.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…