MU MAHANGA

Umutoza Haringingo Francis yabonye akazi muri Kenya

Umurundi Haringingo Francis Christian yerekanwe nk’umutoza mukuru w’ikipe ya Sofapaka ikina icyiciro cya mbere mu gihugu cya Kenya.

Advertisements

Byari ku munsi w’ejo ubwo iy’ikipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo zatangaje ko Haringingo Francis yakiriwe nk’umutoza mushya muri iyo kipe.

Francis yasinyijishwe amasezerano y’imyaka ibiri, agirwa umutoza mukuru w’iyi kipe. Haringingo wari umaze iminsi mu biganiro n’iyi kipe yemeza ko atangiye urugendo rushya rw’ubutoza nyuma yo kumara imyaka isaga itandatu mu Rwanda.

Haringingo Francis arikumwe n’abandi batoza bazakorana muri Sofapaka Fc

Haringingo Francis wari umaze umwaka ari umutoza wa Rayon Sports, yagiranye ibiganiro n’ikipe ya AS Kigali ariko ntibyagenda neza kubera ko bananiranwe kumvikana kubyerekeye amafaranga.

Sofapaka yashinzwe mu 2004, ikaba yambara umweru n’ubururu, mu mwaka ushize w’imikino ikaba yarabaye iya 10 ku rutonde rwa shampiyona.

Haringingo Francis yagiriye ibihe byiza birimo n’amateka mu Rwanda, aho kuva 2017 kugera 2019, yari umutoza wa Mukura victory Sports, ayivamo yerekeza muri Police FC, yavuyemo mu 2021 ajya muri Kiyovu Sports, ayimaramo umwaka umwe ahita agana muri Rayon Sports.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

4 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago