IMIKINO

Perezida Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya ‘Community Shield’

Nyuma yaho ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya Community Shield cy’umwaka 2023 itsinze Manchester City, Perezida Kagame yayishimiye.

Advertisements

Ni mu butumwa umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yanyujije ku rukuta rwa Twitter aho yagize ati “Ni ibyo kwishimira, Arsenal ibyo mwerekanye byatanze umusaruro, ibi nibyo dushobora gukunda.”

Ikipe ya Arsenal isanzwe inafitanye ubufatanye na Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda yegukanye igikombe cya Community Shield itsindiye kuri penaliti 4-1 ya Manchester City, ni nyuma yaho umukino wari warangiye ari igitego 1 kuri kimwe.

Arsenal yegukanye igikombe cya Community Shield itsinze Manchester City

N’igitego cya mbere cyari cyatsinzwe na Manchester City ku munota wa 77 gitsinzwe n’umukinnyi witwa Palmer ku mupira mwiza yarahawe na Kevin D. Bruyne wari winjiye asimbuye.

Mugihe umukino wendaga kurangira bari mu minota y’inyongera umukinnyi wa Arsenal Trossard yaboneye igitego cyo kunganya ku mupira yarahawe na Saka umukino urangira gutyo, biyambaza penaliti byarangiye Arsenal ibonejemo 4 nziza mugihe Manchester City yinjije imwe gusa.

Perezida Kagame usanzwe ari umukunzi ukomeye w’ikipe ya Arsenal yashimiye iy’ikipe ibarizwa muri shampiyona y’Ubwongereza ku gikombe cya 17 cya Community Shield yegukanye.

Community Shield ni igikombe gihatanirwa mu Bwongereza ku ikipe iba yarasoje shampiyona iri ku mwanya wa mbere niya kabiri, kikaba igikombe kibanziriza shampiyona.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago