Perezida wa Madagascar igihugu kibarizwa mu kirwa Andry Rajoeline ari kubarizwa mu Rwanda aho yahagiriye uruzinduko rw’akazi.
Uyu mukuru w’ikirwa cya Madagascar yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 6 Kanama 2023.
Perezida Andry Rajoeline akigera ku kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta.
Abayobozi bombi babanje kugira ibiganiro byihariye, ni mu gihe uyu mukuru w’igihugu giherereye mu kirwa bivugwa ko yaje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, uruzinduko rwo gushimangira umubano w’igihugu cy’u Rwanda na Madagascar.
Repubulika ya Madagascar iherereye mu Burasirazuba bw’umugabane w’Afurika kikaba ikirwa cya Kane kinini mu birwa ku Isi, mugihe ari icya Kabiri nk’igihugu, ni igihugu cya 46 kinini ku Isi, umujyi wa Madagascar ukaba witwa Antananarivo.
Biteganyijwe ko ku munsi w’ejo Perezida wa Madagascar Andry Rajoeline azahura na mugenzi we w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame, aho azamwakira mu cyubahiro kigombwa abakuru b’ibihugu, nyuma bagirane ibiganiro byihariye bizakurikira isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…