RWANDA

Perezida wa Madagascar Andry Rajoeline ari kubarizwa mu Rwanda

Perezida wa Madagascar igihugu kibarizwa mu kirwa Andry Rajoeline ari kubarizwa mu Rwanda aho yahagiriye uruzinduko rw’akazi.

Uyu mukuru w’ikirwa cya Madagascar yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 6 Kanama 2023.

Perezida Andry Rajoeline yakiriwe na Dr Vincent Biruta

Perezida Andry Rajoeline akigera ku kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta.

Abayobozi bombi babanje kugira ibiganiro byihariye, ni mu gihe uyu mukuru w’igihugu giherereye mu kirwa bivugwa ko yaje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, uruzinduko rwo gushimangira umubano w’igihugu cy’u Rwanda na Madagascar.

Perezida Rajoeline yabanje kugira ibiganiro na Dr Vincent Biruta

Repubulika ya Madagascar iherereye mu Burasirazuba bw’umugabane w’Afurika kikaba ikirwa cya Kane kinini mu birwa ku Isi, mugihe ari icya Kabiri nk’igihugu, ni igihugu cya 46 kinini ku Isi, umujyi wa Madagascar ukaba witwa Antananarivo.

Biteganyijwe ko ku munsi w’ejo Perezida wa Madagascar Andry Rajoeline azahura na mugenzi we w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame, aho azamwakira mu cyubahiro kigombwa abakuru b’ibihugu, nyuma bagirane ibiganiro byihariye bizakurikira isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Christian

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

2 days ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

2 days ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

2 days ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

3 days ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

3 days ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

3 days ago