MU MAHANGA

Antonio Guterres yongeye gushimangira ko u Rwanda rudafite aho ruhuriye na M23

Mu kiganiro yagiranye na Radio RFI, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yatangaje ko ntaho abasirikare b’ingabo z’u Rwanda (RDF) bahuriye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, nk’uko Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ihora ibivuga.

Advertisements

Umutwe w’inyeshyamba wa M23, umaze hafi imyaka ibiri uhanganye n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC.

Ibi Antonio, yabitangaje mu gihe hari raporo iheruka gukorwa n’impuguke z’umuryango w’abibumbye, zatumye ibihugu byinshi n’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi byamagana u Rwanda ko rufasha M23.

Muri raporo ya Antonio Guterres, ifite impampuro 15, yemeza ko ingabo z’u Rwanda zitari ku butaka bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, Kandi ko zitigeze zishigikira uyu mutwe w’inyeshyamba wa M23.

Uyu Munyamabanga Mukuru wa L’ONI, yavuze ko umutwe wa M23, “Wigaruriye uduce twinshi two mu majyaruguru ya Kivu, ariko ko ntaho uhuruye n’igihugu cy’u Rwanda”

Radio RFI, ikomeza ivuga ko, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres agaragaza impungenge afite zo kwiyongera kw’imitwe yo kwirwanaho yashizweho n’Abenegihugu bitwaje intwaro bavuga ko barwana na M23.

Kuri we avuga ko ibi ari ibibazo bikomeje kwiyongera, mu gihe iyi mitwe yo kwirwanaho ishobora gukurura umwiryane y’amoko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Antonio Guterres, yanongeyeho ko ingabo za Monusco zishobora kuva muri iki gihugu vuba:

Ubwo yagiraga ati: “Ingabo za Monusco, ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zishobora kuva vuba muri Congo”

Monusco imaze imyaka 25 iri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ariko kuva yahagera aho kugirango amahoro aboneke, ahubwo yarushijeho kubura ndetse binatuma imitwe y’itwaje intwaro muri icyo gihugu yiyongera muri icyo gihugu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago