INKURU ZIDASANZWE

Ngoma: Yishe urw’agashinyaguro umugore we, igice cy’umubiri agita mu mugezi

Umugabo wo mu Karere ka Ngoma yatawe muri yombi akekwaho kwica urw’agashinyaguro umugore we witwa Icyitegetse Angelique, umurambo we awucamo ibice, kimwe akijugunya mu Kiyaga cya Mugesera.

Abaturage bo mu Murenge wa Mugesera mu Kagari ka Nyamugari batangaje ko uyu mubyeyi witwa Icyitegetse Angelique yabuze mu minsi mike ishize, abavandimwe be n’abaturanyi babonye hashize iminsi batangira kumushakisha ariko uko igihe cyicuma batakaza icyizere cyo kuzamubona.

Umwe mu baturanyi b’uyu muryango yabwiye Radio 10 ati “Barumuna be na basaza be bagiye bavuga ngo uyu muntu ashobora kuba atakiriho, birangira umuntu abuze ariko nyuma bampamagaye bambwira ko bamubonye mu kiyaga hagati ya Shywa na Mugesera. Umuntu tubona aho yari ari baramukanyaze n’umufuka ku gice cya ruguru, ikindi gihimba nta we uzi aho bagishyize.”

Aba baturanyi bavuga ko igice cyo hejuru, cy’inda n’amabere ari cyo cyabonetse mu mufuka aho mu Kiyaga cya Mugesera, na ho igice cyo hasi cyo cyakomeje kuburirwa irengero.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ( RIB ), Dr Murangira Thierry, yahamije ko hari umugabo watawe muri yombi akekwaho kwica umugore we umurambo akawujugunya mu Kiyaga cya Mugesera.

Yemeje ko hagikorwa iperereza ngo hamenyekane uko uyu mubyeyi yishwe n’aho icyo gice cy’umubiri we kindi cyagiye.

Yavuze ko uyu muryango wari umaze igihe ufitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo ndetse ngo bari no mu nzira zo gushaka gatanya.

Uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Zaza mu gihe hagikorwa iperereza kugira ngo dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

5 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

6 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

6 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

6 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

6 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

7 days ago