RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje impamvu aherutse gushyira muri Guverinoma abakiri bato

Kuri uyu wa Kane, tariki 24 Kanama 2023, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya batatu baherutse kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda.

Abo barahiriye barimo Maj Gen Albert Murasira uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi na Sandrine Umutoni wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rudakwiye kuba urukurikira gusa, ahubwo rugomba guhabwa inshingano zo kuyobora mu nzego zinyuranye zigamije kubaka Igihugu.

Ati “Imirimo yo kuri uru rwego iba igamije ngo abantu bafate inshingano bo ubwabo no kubo bayobora ariko ikibisumba byose kikaba ko tuba dukorera igihugu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Biba byakozwe ku buryo bugendereye kwifuza guha urubyiruko inshingano ngo bakure bumvako badakurikira gusa ahubwo bakwiye no kuyobora ibikorwa bitandukanye byubaka igihugu cyacu.

Mu rubyiruko twari dufitemo Minisitiri nawe mutoya ukura ariko yari umugabo twifuzaga ko tugiramo n’umudamu. Ndibwira ko urubyiruko rwacu ari abahungu n’abagore bazabibonamo.”

Perezida Kagame yavuze ko bakwiriye kubibonamo mu bikorwa bakoze cyane ko ari urubyiruko nkabo nabo kandi bakabigiraho abandi bakabikuriramo nabo bakazitwara neza igihe bahawe inshingano.

Ati “Gufata inshingano,kugira imico yubaka, iyobora,ntabwo ari iby’abakuru gusa bikwiriye guhera mu batoya.”

Perezida Kagame yabwiye aba bayobozi ko hari ibigomba gushyirwamo imbaraga mu maguru mashya ndetse abifuriza imirimo myiza.

Maj Gen Albert Murasira yahawe kuyobora Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi
Sandrine Umutoni yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

7 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

7 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago