Ikipe ya Al Hilal Benghazi yo muri Libya yaraye isezereye Kakamega Homeboyz yo muri Kenya iyitsinze ibitego 4-1 nyuma yo kunganya 0-0 muri Kenya mu mukino ubanza.
Iyi ntsinzi iremereye gutya,n’umuburo ukomeye kuri Rayon Sports ihanzwe amaso na benshi muri iri rushanwa rya CAF Confederation Cup.
Iyi kipe ya Al Hilal itazwi cyane mu mikino nyafurika,yaraye igaragaje ko ari ikipe ikomeye kuko kunyagira Kakamega itari mbi muri aka karere ari ikigaragaza ko ikomeye.
Ibitego 4 bya Al Hilal Benghazi byatsinzwe na Kevin EZE Ifeanyi watsinze bibiri birimo ishoti rikomeye yatereye kure mu gihe Osama Belaid na Kelvin Andoh bashyizemo ibindi.Icya Kakamega cyatsinzwe na Moses Mudavadi.
Rayon Sports itarakinnye ijonjora ry’ibanze kubera icyubahiro yihesheje ubwo yaherukaga muri iri rushanwa,yahawe ubutumwa ko igomba kwitegura ishishikaye cyane kuko Al Hilal ikomeye.
Rayon Sports ifite amahirwe ko ariyo izabanza gusohoka kuko umukino wa mbere uzaba hagati ya tariki 15-17 Nzeri,ukazabera kuri Benina Martys Stadium.
Izakira uwo kwishyura uzaba hagati ya 29/9 – 1 Ukwakira,umukino uzabera kuri Kigali Pele Stadium.
Kimwe mu byagaragaye muri uyu mukino wa Al Hilal na Kakamega nuko iyi kipe yo muri Libya ikomeye mu busatirizi ku buryo urangaye yagutsinda byinshi kandi mu mikino nyafurika uba ugomba kwitondera kwinjizwa igitego.
Rayon Sports igomba kwita ku bwugarizi bwayo kuko umukino ubanza izahura n’akazi gakomeye imbere y’abanya Libya bazi gukinira ku matara cyane.
Ikindi ubusatirizi bwayo bukwiye kuba bumeze neza kurusha uko bwari bumeze kuri iki cyumweru bakina na Gorilla FC.
Ikipe izatsinda hagati ya Rayon Sports na Al-Hilal Benghazi izahita ibona itike yo gukina amatsinda ya Caf Confederation Cup.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…