Perezida Kagame yatangaje ko yishimiye icyizere abanyarwanda bakomeje kumugirira, ndetse ko azabakorera uko ashoboye, ashimangira ndetse ko ari umukandida mu matora ataha y’Umukuru w’Igihugu.
Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mul kiganiro yagiranye na Jeune Afrique ubwo yari abajijwe niba kuba yarongeye gutorerwa kuyobora FPR Inkotanyi n’amajwi 99,8% bidashimangira ko azongera guhagararira uyu muryango mu matora y’Umukuru w’Igihugu.
Mu gusubiza yagize ati “Mumaze kubyivugira ko ari ibintu bigaragarira amaso ya bose. Ni nako bimeze. Ndishimye ku bw’icyizere abanyarwanda bamfitiye. Nzakomeza kubakorera uko nshoboye. Yego, rero ndi Umukandida.”
Mu mwaka wa 2000 ubwo Paul Kagame yatangiraga kuyobora u Rwanda nk’Umukuru w’Igihugu nyuma yo gutorwa n’Abadepite, hari hashize imyaka itandatu Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Igihugu cyari mu nzira y’inzitane, gishakisha uko cyakwigobotora ibibazo byari bikigose impande n’impande. Nibwo cyari mu bushyamirane na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari indiri y’Interahamwe zashyugumbwaga zishaka kugaruka mu Rwanda gusohoza umugambi zakomwemo mu nkokora.
Tariki 12 Nzeri 2003,nibwo Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ye ya mbere. Yari yatsinze amatora ku majwi 95 %, ahigitse abarimo Faustin Twagiramungu wagize amajwi 3.6 % na Jean-Népomuscène Nayinzira wagize 1.3 %.
Tariki 6 Nzeri 2010 nibwo Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya kabiri. Yatsinze ku majwi 93 % abo bari bahanganye barimo Dr Ntawukuriryayo Jean Damascene wa PSD, Prosper Higiro wa PL na Alvera Mukabaramba wa PPC.
Tariki 18 Kanama 2017 nibwo Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda manda ya gatatu y’imyaka irindwi nyuma yo gutsinda amatora ku majwi 98.7 % ahigitse abarimo Phillipe Mpayimana na Frank Habineza.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…