Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Nishishikare Jean de Dieu wari wateguye igitaramo cyari cyatumiwemo umuhanzi w’umunyarwanda The Ben muri icyo gihugu yamaze gufungurwa.
Uyu Jean de Dieu niwe nyiri kompanyi yitwa ‘Now Now’ yari yatumiwe umuhanzi The Ben mu gitaramo cyabaye mu cyumweru gishize tariki ya 30 Nzeri n’iya 1 Ukwakira 2023.
Jean de Dieu yatawe muri yombi kuwa gatandatu, aho bivugwa ko yashakaga gucikira mu gihugu cy’u Rwanda.
Amakuru amaze kumenyekana kubyo uyu mugabo akurikiranyweho avuga ko polisi yo mu Burundi yamufashe ku bwo gushaka gucika atishyuye amafaranga yabo bakoranye kandi atabamenyesheje.
Uyu mugabo akurikiranyweho gushaka kwambura abantu bagera ku 1000 yahaye akazi muri icyo gitaramo.
Ni igitaramo cyabaye icy’amateka ku butaka bw’igihugu cy’u Burundi, dore ko icyabaye kuwa 30 Nzeri 2023, cyiswe icy’umusangiro n’umuhanzi The Ben kugira ngo ubashe kuba wicaye mu myanya y’icyubahiro wasabwaga kuba wishyuye miliyoni 10 Fbu z’amarundi.
Ni igitaramo kandi kivugwa ko cyagenze neza ku ruhande rw’abagiteguye, dore ko byombi byari byitabiriwe n’abakunda uyu muhanzi nyarwanda Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben mu muziki.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…