IMYIDAGADURO

Uwateguye igitaramo cya The Ben yafunguwe nyuma y’umunsi umwe afunzwe

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Nishishikare Jean de Dieu wari wateguye igitaramo cyari cyatumiwemo umuhanzi w’umunyarwanda The Ben muri icyo gihugu yamaze gufungurwa.

Advertisements

Uyu Jean de Dieu niwe nyiri kompanyi yitwa ‘Now Now’ yari yatumiwe umuhanzi The Ben mu gitaramo cyabaye mu cyumweru gishize tariki ya 30 Nzeri n’iya 1 Ukwakira 2023.

Jean de Dieu yatawe muri yombi kuwa gatandatu, aho bivugwa ko yashakaga gucikira mu gihugu cy’u Rwanda.

Amakuru amaze kumenyekana kubyo uyu mugabo akurikiranyweho avuga ko polisi yo mu Burundi yamufashe ku bwo gushaka gucika atishyuye amafaranga yabo bakoranye kandi atabamenyesheje.

Uyu mugabo akurikiranyweho gushaka kwambura abantu bagera ku 1000 yahaye akazi muri icyo gitaramo.

Ni igitaramo cyabaye icy’amateka ku butaka bw’igihugu cy’u Burundi, dore ko icyabaye kuwa 30 Nzeri 2023, cyiswe icy’umusangiro n’umuhanzi The Ben kugira ngo ubashe kuba wicaye mu myanya y’icyubahiro wasabwaga kuba wishyuye miliyoni 10 Fbu z’amarundi.

Ni igitaramo kandi kivugwa ko cyagenze neza ku ruhande rw’abagiteguye, dore ko byombi byari byitabiriwe n’abakunda uyu muhanzi nyarwanda Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben mu muziki. 

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

1 hour ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago