Perezida Dr. Hage Geingob wayoboraga Igihugu cya Namibia yapfiriye mu bitaro i Windoek afite imyaka 82.
Visi Perezida wa Namibia, Nangolo Mbumba yavuze ko Perezida Dr. Hage ko saa 00:04 ku wa 4 Gashyantare 2024 ari bwo yaguye mu bitaro bya Lady Pohamba aho yavurirwaga n’itsinda rye ry’abaganga.
Yavuze ko Perezida Dr. Hage yitabye Imana iruhande rwe hari umugore we n’abana be yakundaga cyane.
Geingob yagiye ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2015 aho ubu yayoboraga manda ya kabiri nka Perezida watowe.
Uyu mutegetsi yanabaye Minisitiri w’Intebe kuva mu 1990 kugeza mu 20002 ku ngoma ya Perezida Sam Nujoma.
Mu bihe bitandukanye uburwayi ntibwamworoheye aho ku wa 8 Mutarama 2024, yatangaje ko abaganga basanze arwaye kanseri.
Nyuma ku wa 25 Mutarama 2024 yagiye kwivuriza kanseri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agaruka muri Namibia ku wa 30 Mutarama.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…