INKURU ZIDASANZWE

Perezida wa Namibia yapfuye azize uburwayi

Perezida Dr. Hage Geingob wayoboraga Igihugu cya Namibia yapfiriye mu bitaro i Windoek afite imyaka 82.

Advertisements

Visi Perezida wa Namibia, Nangolo Mbumba yavuze ko Perezida Dr. Hage ko saa 00:04 ku wa 4 Gashyantare 2024 ari bwo yaguye mu bitaro bya Lady Pohamba aho yavurirwaga n’itsinda rye ry’abaganga.

Yavuze ko Perezida Dr. Hage yitabye Imana iruhande rwe hari umugore we n’abana be yakundaga cyane.

Perezida wa Namibia Hage Geingob yapfuye nyuma y’indwara yamaranye y’igihe kirekire

Geingob yagiye ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2015 aho ubu yayoboraga manda ya kabiri nka Perezida watowe.

Uyu mutegetsi yanabaye Minisitiri w’Intebe kuva mu 1990 kugeza mu 20002 ku ngoma ya Perezida Sam Nujoma.

Mu bihe bitandukanye uburwayi ntibwamworoheye aho ku wa 8 Mutarama 2024, yatangaje ko abaganga basanze arwaye kanseri.

Nyuma ku wa 25 Mutarama 2024 yagiye kwivuriza kanseri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agaruka muri Namibia ku wa 30 Mutarama.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago