Umuraperi Michael Santiago Render (Killer Mike) nyuma yo gutsindira ibihembo bigera kuri bitatu muri Grammy Awards yaje kugaragara yambitswe amapingu n’abapolisi.
Ni ibihembo bya Grammy Awards byaraye bitanzwe ku nshuro ya 66 mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru rishyira kuwa Mbere, muri Leta ya Los Angeles mu nyubako y’imyidagaduro ya Arena yitwa Crypto.com.
Uyu muraperi ukomoka muri Amerika ufite imyaka 48 y’amavuko yatsindiye igihembo cy’indirimbo nziza mu njyana ya Rap, n’indirimbo nziza yaririmbiye ku rubyiniro mu njyana ya Rap abikesheje indirimbo ye yise ‘Scientist & Engineers’ n’igihembo cya Album nziza.
Nyuma y’icyo gikorwa amaze kwakira ibihembo bye, ntibyatinze kuko abashinzwe umutekano bahise baza bamusohora ahari kubera ibyo birori.
Icyakora Polisi ikorera i Los Angeles ntiyigeze ihita itangaza impamvu y’itabwa muri yombi ry’uyu muraperi gusa amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Hollywood yavuze ko ifatwa rye ntaho rihuriye n’ibihembo byatangwaga ahubwo arikindi ikibazo cyihariye asanzwe akurikiranweho.
Killer Mike ni umwe mu baraperi bagiye bivanga mu bya politike, dore yagiye agaragaza cyane ko ashyigikiye Bernie Sanders kandi yemeza John Ossoff na Rafael Warnock nk’abasenateri bashyigikiye demokarasi muri Leta ya Georgia agace nawe akomokamo.
Amashusho:
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…