Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroon (FECAFOOT) ryatesheje agaciro ubwegure bwa perezida waryo, Samuel Eto’o Fils wari wanditse ibaruwa isezera ku nshingano ze.
Abagize komite nyobozi ya FECAFOOT bateraniye i Yaoundé ku wa mbere kugira ngo basuzume umusaruro w’Ikipe y’Igihugu mu Gikombe cya Afurika, nibo banze ubwegure bwa Samuel Eto’o wari wifuje gusezera.
Ni umwanzuro yari yafashe nyuma y’aho ikipe y’igihugu isezerewe na Nigeria muri ⅛ cy’imikino y’Igikombe cya Afurika.
Samuel Eto’o wabiciye bigacika muri ruhago yo ha mbere, yaherukaga gutanga icyifuzo cyo kwegura ku nshingano zo gukomeza kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon (FECAFOOT) inshingano yatorewe kuya 11 Ukuboza 2021.
Ikipe ya Cameroon ntiyabashije kugera kure mu gikombe cy’Afurika nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1 na Nigeria mu mukino washyize akadomo mu rugendo ry’igikombe cy’Afurika cyakiriwe n’igihugu cya Côte d’Ivoire.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…