POLITIKE

DRC: Guverinoma iri gukora iperereza ku bufatanye bwa M23 na UPDF

Mu kiganiro n’abanyamakuru giherutse gutangwa n’umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya n’ umuvugizi wa FARDC, Sylvain Ekenge, n’ingabo za Congo, hagarutswe no ku kibazo cyo kuba Kampala yaba ifasha inyeshyamba za M23, bemeza ko bari gukora iperereza.

Advertisements

Ni nyuma y’uko abantu batandukanye, cyane cyane inzego z’imiryango itegamiye kuri leta, bakomeje kugaragaza ko bamagana uruhare rw’Abagande mu bikorwa by’uyu mutwe w’inyeshyamba, mu gihe ingabo za Uganda,UPDF, zirimo gukorana na FARDC mu kurwanya ADF.

Patrick Muyaya yemeje ko aya makuru agaruka no ku rwego rw’abayobozi b’igihugu, ariko guverinoma ikaba irimo gushakisha ukuri.

Ati: “Twumva amakuru nk’ayo. Hariho iperereza ririmo gukorwa. Aya makuru namara kwemezwa no kugaragazwa, ntituzazuyaza na gato, nk’uko twabikoreye Kenya, kugira ngo duhangane na Uganda “.

Nk’uko Minisitiri Muyaya abitangaza ngo ntibyaba bihamye ko Uganda yashyigikira ibikorwa bikomeza umutekano muke, mu gihe abasirikare bayo bapfira hamwe n’ingabo za Congo kubera impamvu imwe.

Ati: “Byaba ari ukwivuguruza kubona abasirikare ba Uganda bicirwa hamwe n’abasirikare bacu mu kurwanya ADF mu majyaruguru ya kure… Ibikorwa biragenda neza kuko twafashe nabi ADF…. kandi bakishimira kwifatanya n’abadutera icyunamo”.

Ingabo za Uganda na Congo zirwanira hamwe mu kurwanya ADF, umutwe w’iterabwoba ukorana na DAESH. Babiba umutekano muke mu bihugu byombi. Izi ntambara zirimo gukorwa mu rwego rwa Operation Shuja.

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago