Niyonshuti Yannick umaze kwamamara muri Sinema Nyarwanda nka Killer Man yasezeranye imbere y’Imana ndetse n’Imbere y’Amageteko n’umugore we Shemsa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Gashyantare 2024 ni bwo aba bombi bahamije isezerano rya bo imbere y’Imana mu Musigiti wo kwa Kadafi icyo Abayisilamu bita ‘Kufunga Ndoa’.
Nyuma y’uyu muhango ni bwo Killer Man n’umugore we bamaze imyaka 8 babana bagiye gusezerana imbere y’Amategeko mu Murenge wa Nyarugenge.
Uyu muhango ukaba witabiriwe na benshi mu bakinnyi ba Sinema Nyarwanda basanzwe bakorana bya hafi na Killer Man barimo Nyambo, Aisha, Mitsutsu, Dogiteri Nsabi, Soroba n’abandi.
Biteganyijwe ko indi mihango y’ubukwe izaba mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa Werurwe 2024.
Killer Man na Shemsa basezeranye nyuma y’imyaka umunani bari bamaze babana nk’umugore n’umugabo, babanye kuva 2015, bakaba bafitanye abana babiri b’abahungu.
Killer Man akaba amaze kwandika izina muri Sinema Nyarwanda aho ubu arimo asohora filime yakunzwe y’uruhererekane ya ’My Heart’ itambuka ku muyoboro wa YouTube.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…