RWANDA

Indwara y’amaso yagaragaye mu bihugu by’abaturanyi yasabwe kwitonderwa

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika nyuma y’uko mu bihugu bituranye n’u Rwanda hagaragaye indwara y’amaso yandura cyane iterwa n’udukoko bita ‘Adenovirus’.

Advertisements

Ni indwara yandurira mu gukora aho uyirwaye yakoze cyangwa gusuhuza urwaye iyi ndwara igihe yakoze ku maso ntakarabe intoki neza.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, cyasabye abafite ibimenyetso kugana amavuriro kugira ngo basuzumwe.

Ni kenshi Minisiteri y’Ubuzima yagiye isaba abaturarwanda kujya bagira isuku aho bari hose, ibi bikaba byari bijyanye n’icyorezo cya COVID-19 cyari cyateye cyahitanye abatabarika ku Isi hose, byagiye bigaragara ko isuku iyingaza, mu buryo bwo gukara intoki no kwambara udupfukamunwa kuko yabashaga kwandura mu buryo bworoshye biciye mu matembabuzi.

RBC ivuga ko mu buryo bwo kwirinda iyi ndwara uretse gukaraba intoki inshuro nyinshi hakoreshejwe isabune, harimo no kwirinda kujya ahateranira abantu benshi mugihe uziko ufite iyo ndwara.

Harimo kandi kwirinda guhoberana n’abandi cyangwa kubasuhuza n’intoki mu gihe wikoze mu maso.

Kwirinda kogera muri pisine, kwirinda gusangira ibikoresho by’isuku nk’amasabune, amavuta, indorerwamo y’umuntu warwaye iyo ndwara y’amaso. 

Kwirinda guhererekanye ibikoresho by’itumanaho birimo nka telefone ngendanwa, amafaranga mu ntoki.

Kwirinda kurarana ku buriri bumwe n’umuntu wagaragayeho iyo ndwara.

Iyi ndwara bivuga ko irangwa n’umuntu watukuye amaso, aryaryatana n’amarira menshi ndetse n’imirishyi, kokerwa no kubyimba kw’amaso, gutukura cyane kw’igice cy’umweru kigize ijisho ahagana mu bihenehene, kugira ibihu mu maso umuntu atareba neza, gufatana kw’ibitsike n’amaso ku buryo gufungura amaso bigorana cyane cyane mu gitondo, gutinya umuriro cyangwa urumuri. 

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago