IMYIDAGADURO

Bruce Melodie yabaye umuhanzi wa mbere w’Umunyarwanda uciye agahigo kuri Instagram

Umuhanzi Nyarwanda Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie yagize abantu bagera kuri miliyoni bamukurikira ku rubuga rwa Instagram.

Bruce Melodie aricinya icyara kuba yabaye umuhanzi wa mbere mu Rwanda ukurikirwa ku rubuga rwa Instagram.

Ibi ni bimwe mu byashimishije uyu muhanzi w’Umunyarwanda dore ko yahise ajya no ku rubuga rwe agaragaza uku kwishimira ko yesheje aka gahigo aciye.

Mu butumwa yanyujije kuri X na Facebook yanditseho amagambo agira ati “Boom! 1 million followers on IG” arangije ashyiraho ko emoji k’igikombe arenzaho akandi ko gushimira.

Bruce Melodie udashidikanywaho mu bikorwa bye bya muzika hano mu Rwanda no muri Afurika muri rusange yesheje aka gahigo yanikiye ibindi byamamare basanzwe bakora umwuga umwe ba Banyarwanda abarimo Meddy na The Ben, ibi bikaba biri mu byo benshi mu bakunda umuziki Nyarwanda bakomeza kumushyira ku mwanya wa mbere kandi yaratangiye umuziki yarasanzwe ari umufana wabo.

Gusa kubera ibikorwa benshi bavuga ko byivugira Bruce Melodie benshi ntibatinya ku mushyira ku mwanya wa mbere, uretse ko Meddy na The Ben babubahira ibikorwa batangiye mu myaka ya kera.

Bruce Melodie yinjiye mu mubare w’abantu bake bakurikirwa na miliyoni ku rubuga rwa Instagram, twavugamo nka Paul Kagame, Shaddy Boo n’umunyamakuru Nsabimana Emmanuel.

Undi muhanzi ukurikiye Bruce Melodie mu gukurikirwa cyane kuri Instagram ni Meddy ukurikirwa n’abantu ibihumbi 989 naho The Ben akaba akurikirwa n’abantu ibihumbi 882.

Ibi bibaye mu gihe yaramaze umwanya muto yeretse abakunzi be ko yongeye gusubira muri studio aho benshi bamukumbuye bakomeza kumusaba indirimbo dore ko ntayo aheruka gushyira hanze.

Ni mugihe Kandi yitegura kumurikira abakunzi be album nshya muri uyu mwaka.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 day ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

3 days ago