IMIKINO

Luvumbu yageze i Goma

Héritier Nzinga Luvumbu wari umwe mu bakinnyi ngenderwaho wa Rayon Sports bakaza gutandukana ku bwumvikane buturutse ku mpande zombi, yamaze kuzinga utwangushye asubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu akaba arimo kubarizwa mu mujyi wa Goma.

Advertisements

Ku rubuga rwa Twitter, hagaragaye ifoto ye yashyizweho n’umunyamakuru Steve bigaragara ko ari ahantu arimo kuruhukira nyuma yo kuva i Kigali.

Ni nyuma y’uko ku munsi w’ejo hashize (Ku wa Kabiri) Rayon Sports yanditse ku mbuga nkoranyambaga zayo, ko yamaze gutandukana na Ruvumbu ku bwumvikane bw’impande zombi.

Uku gutandukana kwaje nyuma y’uko Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, rihanishije Luvumbu guhagarikwa amezi atandatu kubera ’ikimenyetso cya politike’ mu kibuga.

FERWAFA yavuze ko Luvumbu yarenze ku mategeko agenga imyitwarire mu kibuga cy’umupira w’amaguru akoresheje ibimenyetso bya politike bibusanye n’amategeko nshingiro n’ay’imyitwarire ya FERWAFA, CAF na FIFA.

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago