UBUZIMA

Gisagara: Inkuba yakubise batatu, umwe arapfa

Abantu batatu bo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara bakubiswe n’inkuba ubwo bari barimo guhinga mu gishanga cy’umuceri, umwe muri bo ahita ahasiga ubuzima.

Ibi byabye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2024 mu mudugudu wa Akabagoti mu Kagari ka Ruturo, mu Murenge wa Kibilizi.

Aba bantu barimo uwitwa uwitwa Kampire w’imyaka 41 na Ngendahimana Vianney w’imyaka 59 ndetse na Muramyimana w’imyaka 43 bakimara gukubitwa n’inkuba, bahise bajyanwa kwa Bitaro bya Kibilizi gusa Kampire ahita yitaba Imana akigerayo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko inkuba yabakubise bugamye mu nzu y’umuzamu urinda igishanga bahingagamo.

Yagize ati “ Bari barimo guhinga imvura iguye bajya kugama mu kazu k’umurinzi w’icyo gishanga cy’umuceri, inkuba irakubita bagwa igihumure.”

Mu bihe by’imvura, abaturage bagirwa inama yo kwirinda kugama munsi y’ibiti, kuvugira kuri telefoni mu mvura kuko byongera ibyago byo gukubitwa n’inkuba.

Ikindi abaturage bakwiye gukora mu kwirinda gukubitwa n’inkuba ni ugushyira imirindankuba ahantu hahurira abantu benshi no kwihutira gucomora ibikoresho bicometse ku mashanyarazi kuko biri mu byongera ibyago byo gukubitwa n’inkuba.

Gabriel Uzabakiriho

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago