Abantu batatu bo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara bakubiswe n’inkuba ubwo bari barimo guhinga mu gishanga cy’umuceri, umwe muri bo ahita ahasiga ubuzima.
Ibi byabye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2024 mu mudugudu wa Akabagoti mu Kagari ka Ruturo, mu Murenge wa Kibilizi.
Aba bantu barimo uwitwa uwitwa Kampire w’imyaka 41 na Ngendahimana Vianney w’imyaka 59 ndetse na Muramyimana w’imyaka 43 bakimara gukubitwa n’inkuba, bahise bajyanwa kwa Bitaro bya Kibilizi gusa Kampire ahita yitaba Imana akigerayo.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko inkuba yabakubise bugamye mu nzu y’umuzamu urinda igishanga bahingagamo.
Yagize ati “ Bari barimo guhinga imvura iguye bajya kugama mu kazu k’umurinzi w’icyo gishanga cy’umuceri, inkuba irakubita bagwa igihumure.”
Mu bihe by’imvura, abaturage bagirwa inama yo kwirinda kugama munsi y’ibiti, kuvugira kuri telefoni mu mvura kuko byongera ibyago byo gukubitwa n’inkuba.
Ikindi abaturage bakwiye gukora mu kwirinda gukubitwa n’inkuba ni ugushyira imirindankuba ahantu hahurira abantu benshi no kwihutira gucomora ibikoresho bicometse ku mashanyarazi kuko biri mu byongera ibyago byo gukubitwa n’inkuba.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…