IMIKINO

Perezida wa Côte d’Ivoire yahaye agahimbazamusyi gatubutse ku bakinnyi baherutse kwegukana igikombe cy’Afurika

Perezida w’igihugu cya Cote d’Ivoire Alassane Ouattara yahaye agahimbazamusyi gatubutse abakinnyi b’ikipe y’igihugu n’abatoza baheruka kwegukana Igikombe cya Afurika bakiriye.

Advertisements

Kwishimira intsinzi kw’abakinnyi ba Cote d’Ivoire byakomeje kuri uyu wa kabiri nyuma y’aho iki gihugu cyegukanaga igikombe cy’Afurika mu karasisi kari kahuruje imbaga mu mihanda.

Nyuma yaho abakinnyi, abatoza bakiriwe n’umukuru w’igihugu, Alassane Ouattara, mu ngoro ya Perezida.

Kapiteni Axel ashyikiriza igikombe umukuru w’igihugu

Inzovu zatwaye igikombe cya Afurika mu 2023, zahawe imidari na Ouattara kandi buri wese mu bagize ikipe yahawe impano y’amafaranga.

Mu cyubahiro cy’igihugu, abayobozi b’ikipe bahawe ipeti rya Komanda, mu gihe abatoza n’abakinnyi bahawe irya Chevalier n’irya ofisiye.

Mu gahambazamusyi kahawe ikipe harimo ko buri mukinnyi wese yahawe ibihumbi 82,000 by’amadolari n’inzu yo kubamo ya $82,000.

Umutoza Emerse Fae we ku giti cye yahawe $164,000.

Cote d’Ivoire yavuye mu matsinda bigoranye, yatwaye igikombe cy’Afurika yakiriye itsinze Nigeria ibitego 2-1.

Agahimbazamusyi kahawe abakinnyi n’ikipe mu mayero:

• €150,000 ku mutoza Emerse Faé• €600,000 ku batoza bose• €76,000 buri mukinnyi kongeraho n’inzu nziza [villa].

Abakinnyi bakiriwe mu ngoro y’umukuru w’igihugu mu rwego rwo gushimirwa
Bahawe n’imidari yishimwe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago