MU MAHANGA

Abasirikare b’Abarundi batinye kurwana na M23 bafunzwe

Abasirikare b’u Burundi bagera kuri 34 banze kurwana n’umutwe wa M23 mu mirwano yo mu burasirazuba bwa Congo, boherejwe muri gereza.

Advertisements

Aba basirikare banze kurwana na M23 bakurikiranyweho icyaha cyo kwigaragambya no kwanga kujya mu ntambara.

Abo bafunzwe baturuka mu bigo bya gisirikare bitandukanye, batawe muri yombi ku wa 9 Ukuboza 2023.

Aba basirikare ngo banze kwambara imyambaro ya FARDC no kwivanga n’ingabo za Congo na FDLR.

Bavuze ko bitumvikana kwambikwa impuzankano z’igisirikare cy’ikindi gihugu, ikirenze ngo nta rupapuro rw’ubutumwa boherejwemo bahawe.

Amakuru avuga ko bariya basirikare bagikurwa muri Congo bahise bamburwa ibyo bari bafite byose ku itegeko ry’umukuru w’ibiro bya Gisirikare mu Burundi.

Bamwe muri bo bafungiwe muri Military Police i Bujumbura, abandi bafungiwe ku Muzinda na Muvejuru mu Ntara ya Cankuzo.

Umwe mu bahaye amakuru SOS Media Burundi yavuze ko abo basirikare bakorewe iyica rubozo.

Aba basirikare baherutse kuburanishwa gusa ntihazwi ibihano bahawe mu buryo bwemewe n’amategeko.

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago