POLITIKE

DRC irasaba amahanga guhana u Rwanda yihanukiriye

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yasabye amahanga guhana u Rwanda yihanukiriye, inashimangira ko itazigera iganira n’umutwe wa M23 wirukanye kibuno mpa amaguru ingabo za Leta n’abambari bazo mu bice byinshi bya Kivu ya Ruguru.

Ibyo gusabira u Rwanda ibihano no kutaganira na M23 byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RD Congo, Patrick Muyaya mu kiganiro yagiranye na BBC News.

Muri icyo kiganiro cyabaye ku wa 15 Gashyantare 2024, Muyaya yongeye kwemeza ko Guverinoma ya RD Congo, itazigera iganira n’umutwe wa M23.

Yavuze ko amahanga akwiriye kotsa u Rwanda igitutu no kurufatira ibihano kuko arirwo rufasha uwo mutwe.

Yahakanye ibivugwa ko Minisitiri w’Ingabo wa Congo, Jean Pierre Bemba aherutse kujya i Goma mu mugambi wo kuganira n’abarwanyi ba M23.

Ngo urugendo rwe rwari urwo guhumuriza abaturage b’i Sake igerwa amajanja na M23, no kubizeza umutekano urambye.

Ati “Icyo turimo gusaba amahanga kiroroshye. Ni uko bashobora gukoresha ibihano mu kotsa igitutu u Rwanda kugira ngo rureke ibyo rukomeje gukora mu burasirazuba bwa DRC.”

Muyaya yongeyeho ko “M23 ntibaho, ni igikoresho, igisirikare cy’u Rwanda ni cyo gikora.”

Yavuze ko ibihugu bikomeye bifite amakuru y’ubutasi ko u Rwanda rufasha M23, ko ibyo byanagarutsweho muri raporo z’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rwumvikanye kenshi rwamagana ibyo gufasha M23, rugaragaza ko Guverinoma ya Congo ariyo ifite urufunguzo rwo guhagarika imirwano binyuze mu biganiro n’abo barwanyi

Kuba leta ya DR Congo yaranywanye na FDLR, umutwe urwanya leta ya Kigali, ni kimwe mubyo u Rwanda ruvuga ko ari “umuzi w’ikibazo.”

Umutwe wa M23 wo utsimbaraye ku biganiro na Leta ya Congo kugira ngo ibibazo byatumye begura intwaro bishyirweho akadomo.

Kugeza ubu imirwano irakomeje muri teritwari z’Intara ya Kivu ya Ruguru aho umutwe wa M23 ukomeje kurusha imbaraga ingabo za Leta zifatanyije na MONUSCO, SADC, Abarundi, FDLR, Wazalendo n’Abacanshuro b’abazungu.

Patrick Muyaya Yavuze ko amahanga akwiriye kotsa u Rwanda igitutu

Gabriel Uzabakiriho

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

3 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

3 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

3 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

3 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

4 days ago