INKURU ZIDASANZWE

Ikibuga cy’indege cya Goma cyaturikijweho ibisasu n’abantu batazwi

Kuri uyu wa gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, saa munani za mu gitondo (mu rukerera), ibisasu 2 byaguye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma mu burasirazuba bwa Congo, byangiza ibintu bimwe na bimwe.

Kugeza ubu ntiharamenyekana aho igisasu cyaba cyaturutse cyangwa niba ari mu mirwano umutwe wa M23 uhanganyemo n’ingabo za leta.

Icyakora,amakuru menshi atangazwa n’abaturage b’akongomani avuga ko bakeka ko ibyo bisasu byaturutse i Kibumba aho inyeshyamba za M23 zashyize intwaro zirasa kure, n’ubwo nta bimenyetso bihagije bafite. Umutwe wa M23 ntacyo urabitangazaho.

Ikibuga cy’indege cya Goma cyaturikijweho ibisasu n’abantu batazwi

Hari impuguke kuri ubu zirimo gusesengura kugirango bamenye inkomoko y’ibyo bisasu mbere y’uko babitangaza ku mugaragaro.

Ipererza rirakomeje ngo hamenyekane ukuri ku bivugwa.

Ibi bibaye mu gihe mu mujyi wa Addis Ababa muri Ethiopia, hari kubera inama nto yiga ku bibazo by’umutekano muke muri Congo Kinshasa, iyi nama yatumijwe na Perezida wa Angola, Joâo Lourenco.

Ni inama iri kuba nyuma yaho umutwe wa M23 uhanganye bikomeye n’ingabo za Congo zifatanyije n’ iza SADC, iz’u Burundi, FDLR, Wazarendo n’abacanshuro b’abazungu.

Congo yagiye ishinja u Rwanda gufasha M23 ariko mu bihe bitandukanye rurabihakana. U Rwanda narwo rushinja Congo gufasha FDLR.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

4 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

4 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

5 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

5 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

5 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

5 days ago