Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kwinangira, avuga ko nta biganiro azigera agirana n’umutwe wa M23.
Yabitangarije i Addis-Abeba aho we n’abakuru b’ibihugu bagenzi be bahuriye mu nama yigaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa RDC.
Ni inama yari yatumijweho na Perezida João Lourenço wa Angola, yitabirwa n’abarimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.
Kureba uko RDC na M23 yahagarika imirwano hanyuma impande zombi zigakemura amakimbirane zifitanye biciye mu nzira y’ibiganiro, bir mu byo iriya nama yabereye mu muhezo yibanzeho.
Tshisekedi nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yongeye gushimangira ko atazigera na rimwe aganira na M23.
Yavuze ko intambara igihugu cye kirimo atari cyo cyayitangije, ko ahubwo ngo yatangijwe n’u Rwanda mu rwego rwo “gukomeza gusahura igihugu cyanjye no gukiza u Rwanda n’abo bafatanya”.
Yunzemo ati: “Ntabwo tuzigera tuganira na M23. Ndashaka amahoro, ariko bitari ku kiguzi icyo ari cyo cyose”.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…