POLITIKE

Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kongera guhurira mu biganiro

Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nta gihindutse vuba aha bazahurira mu biganiro bigamije guhosha umwuka mubi uri hagati y’ibihugu bayoboye.

Advertisements

Byatangajwe n’umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama, ubwo ku Cyumweru yaganiraga n’umunyamakuru Blaise Makasi wa Radio Okapi.

Ku wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare ba Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu nama nto yigaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa RDC yabereye i Addis-Abeba muri Ethiopia.

Ni inama yari yatumijweho na Perezida João Lourenço wa Angola, initabirwa n’abarimo Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na William Ruto wa Kenya.

Kurebera hamwe uko haboneka agahenge hagati y’Ingabo za RDC n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 impande zombi zigakemura amakimbirane zifitanye biciye mu nzira y’ibiganiro, biri mu byo iriya nama yari igamije.

Salama yavuze ko Tshisekedi ubwo yari muri iriya nama yagaragaje ko atazigera aganira na M23, gusa avuga ko yiteguye kujya mu biganiro n’u Rwanda.

Ati: “Perezida Tshisekedi yashimangiye ko atazaganira na M23 ko ahubwo yiteguye kuganira n’u Rwanda, ariko bitari ku kiguzi icyo ari cyo cyose”.

Perezida Kagame nk’uko byatangajwe na Stéphanie Nyombayire ushinzwe itangazamakuru mu biro bye, we yagaragaje ko “ntawe u Rwanda ruzigera rwiseguraho cyangwa rumwake uruhushya rwo kurinda umutekano w’abaturage barwo”.

Umukuru w’Igihugu kandi yagaragaje ko ikibazo cy’umutwe wa FDLR winjijwe mu ngabo za RDC kigomba gushakirwa umuti, gusa agaragaza ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu gushaka amahoro, biciye muri gahunda [y’ibiganiro] n’inzego zashyizweho mu karere.

Nyuma y’inama y’i Addis-Abeba Perezida Lourenço yongeye guhura na ba Perezida Kagame na Tshisekedi ariko buri wese ukwe; mu rwego rwo gushaka uko umwuka mubi umaze igihe hagati ya Kigali na Kinshasa.

Umuvugizi wa Tshisekedi yavuze ko abakuru b’ibihugu uko ari batatu bemeranyije guhurira mu biganiro, ndetse ko nta gihindutse “bazahurira i Luanda mu mpera z’uku kwezi kwa Gashyantare”.

Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kongera guhurira mu biganiro

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago