Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru Nkusi Arthur wamenyekanye nka Rutura n’umugore we Miss Muthoni Fiona, baritegura kwibaruka imfura yabo.
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo aba bombi basangije ababakurikira amashusho agaragaza ko Fiona atwite ndetse ko bitegura kwibaruka.
Ni mu mashusho bashyizeho bigaragaza ko bombi bagiye mu butembere ariko kandi bikaba ibyishimo byo kwitegura kwibaruka, dore ko Fiona asa n’ukuriwe.
Arthur Nkusi na Fiona bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka irenga ibiri bakoze ubukwe.
Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 14 Kanama 2021, bubera ku mucanga wa Rushel Kivu Lodge Hotel.
Arthur Nkusi wamamaye nka Rutura ni umwe mu banyarwenya bakomeye u Rwanda rufite dore ko asanzwe anategura igitaramo yagiye atumiramo ibyamamare kizwi nka Seka Live.
Azwiho kandi kuba umwe mu bayobora ibirori bikomeye mu gihugu hamwe n’umugore we Miss Muthoni Fiona.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…