Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF), ntiyashyize ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu makipe azaca mu ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika bitewe n’umwanya ruherutse gushyirwaho ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Umupira w’Amaguru, Amavubi, yaje ku mwanya wa 133 ku rutonde ngarukwakwezi rwa FIFA ntizaca mu majonjora y’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 kizabera muri Maroc.
Amakipe 44 arimo n’Amavubi ntazakina ijonjora ry’ibanze azahera mu matsinda.
Amakipe azaca mu ijonjora ry’ibanze, arimo: Sudan y’Epfo, Somalie, Eswatini, São Tomé, Chad, Ibirwa Bya Maurice, Libérie na Djibouti.
Biteganyijwe ko izi zizakina hakaboneka ikipe enye zizahita zijya mu matsinda.
Imikino ibanza y’ijonjora ry’ibanze, iteganyijwe gukinwa tariki ya 20 Werurwe, iyo kwishyura ikazakinwa tariki ya 26 Werurwe 2024.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…