Byibuze abasivili 10 n’abasirikare 5 baguye mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro baturutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo ku mugoroba wo kuri iki cyumweru,tariki ya 25 Gashyantare 2024.
Amakuru dukesha ibinyamakuru byo mu gihugu cy’u Burundi avuga ko icyo gitero cy’inyeshyamba cyahitanye abantu 8, abandi barindwi barakomereka, ibiro bya Cndd-Fdd birasenyuka, imodoka ebyiri na moto ebyiri byangiritse.
Ibinyamakuru byaho bivuga ko abantu bitwaje imbunda bagabye igitero baturutse muri RDC, bari bambaye imyenda y’ingabo z’Uburundi.
Ibi byabereye ku musozi wa Buringa, muri Komini ya Gihanga, Intara ya Bubanza, mu Burengerazuba bw’igihugu.
Bamwe mu bishwe ni abakomoka mu zindi ntara harimo Cibitoke (amajyaruguru ashyira uburengerazuba).
Aba bishwe bari bitabiriye umuhango wo gushyingura uwo bafitanye isano muri ako karere.
Komisiyo yigenga y’uburenganzira bwa muntu yamaganiye kure cyo gitero cy’ubwicanyi cyagabwe nizo nyeshyamba gisa nicyabereye Vugizo mu mezi abiri ashize.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…