Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis yagaragaje ko atewe impungenge n’ishimutwa ry’abantu rikunze kubera mu gihugu cya Nigeria.
Ni ibintu Papa Francis avuga ko bimuhangayikishije.
Ibi yabivuze mu butumwa yanyujije kuri X (Twitter) ku cyumweru, tariki ya 25 Gashyantare, avuga ko asenga kandi yizera ko hakwiriye gushyirwamo ingufu mu gukumira ibyo bibazo.
Yanditse ati “Umubare w’abakomeje gushimutwa ukomeje kwiyongera ibintu bikwiye guhagurikirwa.”
Yakomeje agira ati “Ndaganisha amasengesho yanjye ku baturage ba Nigeria, nizeye ko hazashyirwa ingufu mu gukumira ikwirakwizwa ry’ibi bintu mugihe bigishoboka.”
Ibi Umushumba wa Kiliziya ku Isi Papa Francis abivuzeho mugihe umutekano mu gihugu cya Nigeria ukomeje kuba ikibazo mu bice bitandukanye mu gihugu, aho hari ababura ubuzima yewe abandi hakabaho ababurirwa irengero.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…