RWANDA

Polisi y’u Rwanda iri gutanga akazi ku muntu wo kwita ku isuku y’imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iri gushaka umuntu wo kuzajya yita ku isuku y’imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano.

Advertisements

Polisi y’u Rwanda ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yavuze ko kugira ngo uhabwe ako atari buri wese kuko hari ibyo ukwiriye kuba wujuje birimo no kuba uri Umunyarwanda.

Ikindi n’uko Ibaruwa isaba akazi yandikirwa Umuyobozi ushinzwe abakozi muri Polisi y’u Rwanda.

Usaba ako kazi agomba kuba azi gusoma no kwandika. Akaba kandi afite ubuzima buzira umuze.

Ikindi umuntu asabwa ni uko agomba kuba afite icyemezo cy’ubudakemwa mu mico no mu myifgatire, ndetse by’aba akarusho akaba yarigeze kuba yarakoranye n’inzego zishinzwe umutekano.

Aka kazi gasabwa, abagasaba bagomba kutarenza tariki 5 Werurwe 2024.

N’ubwo hatangajwe ko hakenewe abakozi ntihatangajwe umubare ukenewe muri ako kazi.

Gusa Polisi y’u Rwanda ivuga ko abazaba bujuje ibisabwa aribo bazatangazwa ku rutonde ruzashyirwa hanze.

ITANGAZO:

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago