MU MAHANGA

Perezida Macron yavuze ko u Burusiya bugomba gutsindwa intambara bumazemo igihe

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yavuze ko igihugu cye n’inshuti zacyo biteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo u Burusiya butsindwe intambara bumaze imyaka ibiri buhangayemo na Ukraine.

Advertisements

Yabitangarije mu biro bye mu ijoro ryacyeye, ubwo yatangizaga inama y’Abakuru b’ibihugu byo ku mugabane w’u Burayi yaberaga i Paris.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) byasubiyemo amagambo ye avuga ko nibiba ngombwa ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi bizoherereza Ukraine Ingabo zo kuyiha umusada.

Macron yagaragaje ugushyigikira Ukraine

Ati: “Uyu munsi nta gahunda ihari yo kohereza muri Ukraine ingabo zirwanira ku butaka, ariko nta kintu na kimwe cyo kwirengagizwa. Tuzakora ibishoboka byose kugira tubuze u Burusiya gutsinda iyi ntambara. Turemeza ko ari ngombwa ko u Burusiya butsindwa ku nyungu z’umutekano w’u Burayi”.

Macron yakomeje avuga ko ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi bwiyemeje gukomeza guha Ukraine ibisasu bya missile biraswa kure ndetse n’andi masasu.

Yavuze ko kuri ubu u Burusiya bukomeje kongera umurego, bitari ku rugamba gusa; agaragaza ko ari ngombwa ko incuti za Ukraine zongera ubufasha ziyigenera.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago