Umunyamakuru Awa Jean De Dieu wa Nyota Radio Télévision y’i Lubumbashi akaba afite na channel yitwa Hope tv, yasimbutse urupfu ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 26 Gashyantare 2024, i Goma, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Nk’uko amakuru aturuka hafi y’umuryango we abitangaza, ngo ahagana mu ma saa cyenda n’igice z’umugoroba ni bwo Awa Jean De Dieu na mugenzi we Cadet Mukata wo kuri Mishapi Voice TV, bahuye n’insoresore zitwaje ibyuma n’imipanga zibagabaho igitero mu mujyi rwagati neza hafi y’Ibitaro bya CBCA / Virunga.
Uyu Cadet Mukata ngo yabashije gucika abo bagizi ba nabi ajya gutabaza abashinzwe umutekano, ariko Awa Jean De Dieu we, yajombaguwe ibyuma bya nyabyo, nk’uko amafoto BWIZA yabashije kubona tutemerewe kwerekana abigaragaza, atakaza amaraso menshi ariko kubw’amahirwe aracyahumeka.
Mugenzi we yabonye ibikoresho bye by’akazi, harimo na terefone ye igendanwa, bitwarwa n’aba bagizi ba nabi, hatamenyekanye irengero ryabo. Umunyamakuru yinjiye mu kigo nderabuzima cyaho kugira ngo avurwe.
Nta cyumweru cyari gishize, abantu bitwaje intwaro binjiye mu nzu y’undi munyamakuru i Goma; nawe warokotse ku bwa nyagasani.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…