IMIKINO

Cameroon yatandukanye n’umutoza Rigobert Song

Uwari umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu ya Cameroon, Rigobert Song yirukanywe kuri uyu mwanya.

Ni umwanya w’ubutoza Rigobert Song w’imyaka 47 amazeho imyaka ibiri gusa dore ko yawushyizweho tariki 28 Gashyantare 2022.

Mu itangazo rimaze gushyirwa hanze n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cya Cameroon (FECAFOOT) ryemeje ko yamaze kugenzura isanga ikwiriye gutandukana n’uwari umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo Rigobert Song ushinjwa umusaruro mubi.

Cameroon yemeje ko yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Rigobert Song

Iri shyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryahise riboneraho gushimira Song wagize ibigwi bikomeye ubwo yakinaga mu ikipe y’Igihugu ya Cameroon kubyo yakoze we n’abari bamwungurije mu myaka ibiri bamaze batoza ikipe y’Igihugu.

Rigobert Song yarazwiho kugira ishyaka mu kibuga ubwo yakinaga

FECAFOOT yahise ivuga ko mu gihe gito, hazatangazwa abatoza bashya bagomba gutoza ikipe y’Igihugu ya Cameroon.

Rigobert Song yagiye ashinjwa kudatanga umusaruro mu ikipe nkuru y’Igihugu kandi yabaga yahawe ibikenewe byose.

Uyu mutoza kandi yagiye avugwaho kenshi kutumvikana n’abakinnyi, by’umwihariko umunyezamu wa Manchester United Andre Onana wagiye ugaragaza ko atishimiye uko abanye bitewe n’uburyo yagiye ashaka kumwereka uko akina ariko ntibahuze ubwo bari mu gikombe cy’Isi

Ibi byaje gutuma Andre Onana asezera mu ikipe y’Igihugu ya Cameroon ariko aza gusabwa ko yagaruka kugira ngo aze afashe ikipe y’Igihugu mu gikombe cy’Afurika batarenze umutaru kuko yasezerewe muri ⅛ na Nigeria ayikiniye inshuro ebyiri gusa.

Ni umwanya w’ubutoza yashyizweho ariko benshi ntibabyumve kimwe, aho bavugaga ko yahawe akazi kubera Samuel Eto’o kuri ubu wahawe inshingano zo kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon (FECAFOOT).

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

37 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

58 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago