IMYIDAGADURO

“Ariya mashusho arenze intekerezo,” Shakib avuga ku itandukana rye na Zari

Mu ntangiro z’iki cyumweru nibwo hacicikanye amakuru y’itandukana rya Zari n’umugabo we Shakib Lutaaya ndetse binavugwa ko umuhanzi Diamond Platinumz ariwe ubiri inyuma.

Byatangiye gushyuha ubwo hashyirwaga hanze amashusho Zari arikumwe na Diamond bafatanye agatoki ku kandi. Aya mashusho yariye Shakib afata umwanzuro wo gutandukana na Zari n’ubwo we yatangaje ko amakimbirane yabo yatangiye mu mpera z’umwaka ushize.

Mu kiganiro Shakib yagiranye n’umunyamakuru wigenga wo muri Tanzania witwa Mange Kimambi, ko yababajwe n’uburyo umugore we yitwaye imbere y’uwahoze ari umugabo we. Ati “Ariya mashusho arenze intekerezo”

Abajijwe uko yabyakiriye,Lutaaya yavuze ko byari bibi cyane ko habayemo agasuzuguro.

Uretse Zari watandukanye n’uyu mugabo we, ku ruhande rwa Diamond na Zuchu umubano wahise uhagarara ndetse uyu muhanzikazi atangaza ko batandukanye.

Ikinyamakuru Uganda pulse, cyanditse ko Diamond akimara kubona Zuchu atangaje ku mbuga nkoranyambaga ze ko ibyabo byarangiye, yahise ahagurutsa indege ye bwite amusanga Zanzibar amusaba imbabazi.

Ni mu gihe nyamara amakuru avuga ko amashusho yabaye intandaro y’itandukana ryabo, yafashwe Zuchu n’abana ba Diamond bari hafi aho ariko nyuma icyemezo yaje gufata cyo kwigumura cyatunguye benshi.

Zari n’umugabo we Shakib Lutaaya baryoherwaga núrukundo kakahava

Gabriel Uzabakiriho

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago